Digiqole ad

Umuhanzi Adrien umaze imyaka 7 muri USA ageze i Kigali

 Umuhanzi Adrien umaze imyaka 7 muri USA ageze i Kigali

Adrien ageze ku kibuga cy’indege afite akanyamuneza ku kugaruka ku ivuko

Nyuma y’imyaka irindwi ari muri Leta Zunze Ubumwe za America, umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana Adrien Misigaro agarutse mu Rwanda mu gitaramo cy’itsinda rya Beauty For Ashes rigiye kumurika album ryise La Naissance.

Adrien ageze ku kibuga cy'indege afite akanyamuneza ku kugaruka ku ivuko
Adrien ageze ku kibuga cy’indege afite akanyamuneza ku kugaruka ku ivuko

Uyu muhanzi wamenyekanye cyane mu ndirimbo yitwa ‘Nkwitende’ yaririmbanye na The Ben n’indi yakoranye na Meddy yitwa ‘Ntacyo nzaba’ ageze I Kanombe ku Kibuga cy’indege ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, saa 17h00.

Uyu muhanzi agikandagira ku butaka bw’u Rwanda, yavuze ko yishimiye kugaruka ku ivuko nyuma y’igihe kinini atumva umwuka waho.

Yakiriwe n’inshuti n’abavandimwe be bari baje kumutegerereza ku kibuga cy’indege bamusanganije urugwiro ari na ko bamuha impano z’indabyo.

Adrien Misigaro wagaragazaga akanyamuneza, yashimiye Itangazamakuru ryaje kumwakira avuga ko yishimira intambwe Muzika nyarwanda imaze gutera bigizwemo uruhare na ryo.

Iki gitaramo yatumiwemo na Beatty For Ashes giteganyijwe kuba ku itariki ya 09 Nyakanga, aho iri tsinda risanzwe ririmba indirimbo zihimbaza Imana mu njyana ya Rock rizaba rimurika album yaryo ya mbere bise ‘La Naissance’.

Yakiriwe na nyirarume
Yakiriwe na nyirarume
Nyirasenge yaje kumwakira amuzaniye impano y'akarabo
Nyirasenge yaje kumwakira amuzaniye impano y’akarabo
Bahoberanye bishyira kera...bari bakumburanye
Bahoberanye bishyira kera…bari bakumburanye
Mubyara we ukiri muto yazanye na nyina kwakira uyu muhanzi
Mubyara we ukiri muto yazanye na nyina kwakira uyu muhanzi
Inshuti ze bamaze imyaka 7 batabonana zaje kumusanganira
Inshuti ze bamaze imyaka 7 batabonana zaje kumusanganira
Bari bakumburanye
Bari bakumburanye
Yahise yinjira mu modoka
Yahise yinjira mu modoka
Umwe mu bagize Beauty For Ashes yaje kumwakira
Umwe mu bagize Beauty For Ashes yaje kumwakira
Imodoka yahize imujyana aho agiye gucumbika
Imodoka yahise imujyana aho agiye gucumbika

Photos © E. Mugunga/Umuseke

Evode MUGUNGA
UM– USEKE.RW

3 Comments

  • Ku ivuko rye ni muri Sud-Kivu/RDC si mu Rwanda
    Keretse wenda kuri naturalisation

  • Aba bastar bose iyo mushyizeho inkuru mujye mutanga inkuru neza yitwa nde ?, yavukiye he, afite imyaka ingahe?, ningaragu cyangwa arubatse? ubuhanzi bwe yabutangiye ryari? Hehe?

  • Apfa kuba yarabahaye cash urabona ko yashakaga kwigaragaza na V8 yarateguwe kera

Comments are closed.

en_USEnglish