Digiqole ad

Ubukwe bw’ibikomangoma ni imbonekarimwe

Tony Blair,Gordon Brown, Barack Obama na madamu, Sir Alex Ferguson.. barengejwe ingohe

Kuri uyu wagatanu nibwo isi yose yakurikiranaga  ubukwe bw’agatangaza  bwa Prince William na Kate Middleton bwaberaga  mu ngoro ya Westminster Abbey i London mu Bwongereza.
Uyu Prince William akaba ari umuhungu wa Princess Diana na Prince Charles bivuga ko ariwe uzasimbura se Prince Charles nawe uzasimburanyina umwamikazi Elisabeth II.

Mu kiriziya cy'Abangirikani i Londres niho bashyingiriwe
Muri Aton Martin ya William nyuma yo gushyingirwa
Muri Aton Martin ya William nyuma yo gushyingirwa

Hari hatumiwe abantu begera ku 1900 bo mu nzego zitandukanye zirimo, abo mu miryango yombi, abayobozi b’ubwami bw’ibihugu bitandukanye, abahagarariye Common Wealth, abanyapolitiki, abanyamadini, inshuti za Prince William na Kate, ibyamamare n’abandi bantu bakomeye kandi bazwi  kw’isi.

Muri izi nzego zose twavugamo aba bazwi cyane; umukinnyi wa ruhago David Beckham na Madamu, Sir Elton John, Guy Ritchie, David Cameron (Ministre w’intebe wa UK) na Samantha Cameron, n’abandi bantu benshi bakomeye mu nzego zitandukanye.

Hari abantu benshi ngo bakomeye batatumiwe, aha twavuga nka Tony Blair na Gordon Brown babaye ba minisitiri w’intebe w’ubwongereza, Barack Obama na madamu ngo barengejwe ingohe, Sir Alex Ferguson umutoza wa Manchester United akaba inshuti ya Queen Elizabeth ngo ntiyatumiwe, ndetse n’abandi benshi babyifuzaga nka Paris Hilton na Dirma Russeff umudamu uyobora Brasil.

Imihanda yari yatunganyjwe
Imihanda yari yatunganyjwe

Abantu bagera 1900 bahawe urupapuro rw’ubutumire bwo ku rwego rwo hejuru, abandi batumiwe mu byiciro, ari nako baza kubukurikirana mu byiciro, kuko hari n’abatumiwe ariko baza kuburebera kuri Television nubwo baba bari muri Buckingham Palace aho bubera.
Ibi birori byatangiye saa tanu (11h GMT) ni ukuvuga saa sita (12h) zo mu Rwanda. Nyuma y’ubukwe abatumiwe bakiriwe mu byiciro 3, bamwe barakirwa na Queen Elizaberth mu ngoro ye ya Buckingham Palace. Ubukwe bushojwe William na Kate barahita bisubirira mu majyaruguru ya Wales (Pay des Galles) aho inzu yabo iri hafi y’ibirindiro bya gisirikare Prince William akorera imirimo ye ya gisirikare.

Bamaze gusezerana bagendaga mu muhanda baramutsa rubanda
Bamaze gusezerana bagendaga mu muhanda baramutsa rubanda
Abafana b'i Bwami bambaye nkaba Jokeri
Rubanda rw'umwamikazi bambaye nkaba Jokeri
Kate Middlestone yazanye na se Muri Rolls Royce yakorewe ubwo bukwe gusa
Kate Middlestone yazanye na se Muri Rolls Royce yakorewe ubwo bukwe gusa
Prince Charles se wa Prince William warongoye ahagera na muka se wa William Camilla
Prince Charles se wa Prince William warongoye ahagera na muka se wa William Camilla

 

Ibyishimo ni byose ku bana baherekeje abageni
Ibyishimo ni byose ku bana baherekeje abageni
Abana baraye ijoro bategereje, mu gitondo bafata (INGANGI)
Abana ba rubanda rusanzwe bo baguye agacuho bategereje ubukwe
Uyu mugabo ngo yagenze ibirometero 60 yambaye iyimyambaro y'ingabo za kera y'ibyuma aje mu bukwe bwa none
Uyu mugabo ngo yagenze ibirometero 60 yambaye iyimyambaro y'ingabo za kera y'ibyuma aje mu bukwe bwa none

Photos/Associated Press & AFP

Crismexes

Umuseke.com

11 Comments

  • BABAYE BATAZAPFA NIBWO NARI KWEMERA KO BAKOMEYE NAHOOO!! IBUMBA GUSA TUUUUUU!
    NTAWE UKOMEYE KU ISI SHA ICYO DUKIYE KWEMERA NI UKO HARI IMBARAGA ZISUMBA IZINDI KANDI ZITUGENGA TWESE UKO WABA UZITA KWOSE BITEWE NIMYEMERERE YAWE ARIKO ZIRAHARI.(SUPER POWER) BAMWE BATI (IMANA RUGIRA CYANGWA RUREMA ARIYO NANJYE NEMERA CYANGWA SE MESSIYA)ABANDI BATI YEHOVA, ABANDI BATI ALLAH URETSE KO IYI YO ITABAHO ARI AMADAYIMONI MASA MASA,ABANDI BATI KATONDA, ABANDI BATI RUGANGA,ABANDI BATI GOD OR LORD,ABANDI BATI DIEU,ABANDI BATI NYAGASANNI NIBINDI BYOSE ARIKO UKO WABYITA KOSE BIRUTA IZI NGIRWABIHANGANGE ZA HANO KU ISI TUBONA ZIZAPFA ZIGASHIRAHIO HAKAZA ABANDI

    • umva yewe munyarwanda urakwiye kwisubiraho kuko uratesha abanyagihugu bacu agaciro, ntabwo munyarwanda arangwa nimvugo irimo ishyari imitekerereze icuritse. gusa wibukeko ntabwami bubaho Imana itabiteketse. urakoze kwisubiraho.

  • Niko bizaba bimeze mu bukwe bwa CYOMORO hano i kigali.

  • that is good but u can find same new of CRICKET GAME

  • Rwose ku isi hariho abantu bakomeye.Gusa iyaba twasubizaga amaso inyuma byose tukabitura uwatugize abo turibo.

  • Munyarwanda se, urapinga Ibikomangoma byikoreye ubukwe by’igitangaza cyangwa urapinga amazina y’Imana atandukanye. Kuko ndabona hari iryo wahakanye ko ari izina ry’Imana unarakaye cyane. Ndagusetse cyane. Kandi Imana yaremye abantu ku buryo butandukanye inaduha ubwenge no kubaho ndetse no gutekereza gutandukanye, niba rero yaranaremye ubukire n’ubukene ni nayo mpamvu William na Kate bisanze kuriya bakaba banabanye bagakora n’ubukwe bwahagurukije isi, ndetse n’abatabutumiwemo bakaba bababaye, sinumva impamvu wabihaye bingana kuriya. Ndabona utari bunasinzire ahubwo urara uburota wifuza ko wamera nkabo. Nta muntu n’umwe utazi ko azapfa, none se William ayobewe ko Nyina yapfuye? Pole Munyarwanda ahubwo ufite ikibazo!!!!

  • nage ndabatumiye, mu bwange, buzaba burushije hano, kuko nyuma tuzajya kwifotoreza ku mazi, mu byiza nyaburanga bitatse u Rwanda! jye sinzaguma muri Kgj gusa! buriya mpigiye isomo.

  • Se wa Kate yambaye bitandukanye cyane n’ibyo inaha duha agaciro bya costume y’ibara rimwe!!!(Ubanza bitakigezweho???) habe n’ikintu na kimwe kuri we gihuye n’ikindi, jire, karavate, ipantaro, ishati,ikoti>>!!!!

  • ubwo bukwe ntibube mo ibyishimo gusa byuyumunsi bizahoreho kugeza gupfa.

  • hahahaha mbabajwe nabana barubanda basinziriye kumuhanda baje kureba ubukwe bwa rubandatwebwe abanyamurenge ibi twabibonye tugezi nyine uku ikigaki ntabwotwanye tubona ibi bintu kabisa

  • wowe munyarwanda wowe ugira ishyari ritazashira nabariya bageni barabizi ko hari izindi mbaraga kuba bakomeye hano k isi ntibivuze ko batazi imana ahubwo wowe uri kafiri mubi kuko uhakana imana(allah)

Comments are closed.

en_USEnglish