Tags : Museveni

Museveni yasabye inzego ze z’umutekano guhagarika ibikorwa by’iyicarubozo

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yasabye abashinzwe umutekano mu gihugu cye guhagarika ibikorwa by’iyicarubozo ku bantu bakekwaho gukora ibyaha, igihe abo bashinzwe umutekano baba babikora. Mu ibariwa Perezida Museveni yandikiye abayobozi mu nzego zo hejuru, barimo na Minisiteri y’ibikorwa by’imbere mu gihugu, yabamenyesheje ko ibikorwa by’iyicarubozo bishobora gutera umuntu kwemera ibyo atakoze  kandi ngo gukora […]Irambuye

Museveni na Besigye mu biganiro ku bibazo bireba igihugu

Mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatatu muri Uganda hatangiye ibiganiro bitaziguye hagati ya Perezida Museveni n’ukuriye abatavuga rumwe na Leta Dr Kizza Besigye. Aba bagabo bombi bamaze iminsi badacana uwaka kubera ibibazo bya politiki batumvikana umurongo wabyo. Amatora menshi y’Umukuru w’igihugu yabaye kuva Museveni yafata ubutegetsi muri 1986 yabaga ahanganye na Besigye ariko uyu agatsindwa, bigakurura amakimbirane mu baturage bamwe […]Irambuye

South Sudan: Museveni yasabye Kirr na Machar kureka intambara

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yasuye Sudani y’Epfo aganira na Perezida Salva Kiir amusaba ko we na Riek Machar uri muri Africa y’Epfo bareka intambara n’amakimbirane bagatangira kwitegura amatora anyuze muri Demukarasi azaba muri 2018. Museveni yabwiye The Daily Monitor ko yasabye abahanganye kureba uko baha amahirwe abaturage babo yo gutuza no gutangira kwitegura kuzatora […]Irambuye

Uganda: Amb. Najuna wari ushinzwe imishinga y’Umuhora wa Ruguru yapfiriye

Amakuru y’urupfu rwa Amb Najuna Njuneki by’umwihariko yari ashinzwe abaturage ba Uganda baba hanze (Diaspora) n’imishinga yo mu muhora wa Ruguru (Nothern Corridor) muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda, yamenyekanye ku cyumweru bivugwa ko yapfiriye mu ndege ataragera imuhira. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa yatangarije The Daily Monitor ko Ambasaderi yavuye ku ntebe […]Irambuye

Ingabo za Uganda zitwaje ibikoresho bya gisirikare bikomeye zagiye muri

Ingabo za Uganda zitwaje ibikoresho bya gisirikare biremereye kuri uyu wa kane tariki 14 Nyakanga zambutse umupaka zerekeza muri Sudan y’Epfo, mu bikorwa byo gucyura abaturage ba Uganda babuze inzira kubera imirwano yabaye mu minsi ishize i Juba, nk’uko AFP ibivuga. Umurongo muremure w’ibimodoka za gisirikare 50, zeherekejwe n’ibimodoka by’intambara biriho imbunda ziremereye ni zo […]Irambuye

Uganda: Urukiko Rukuru rwarekuye Dr.Besigye utavuga rumwe na Museveni

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri Dr.Kizza Besigye umuyobozi w’ishyaka FDC ritavuga rumwe na Leta ya Perezida Yoweri Museveni muri Uganda yavuye mu buroko aho yeri agiye kumaramo amezi abiri, icyemezo cyo kumurekura cyafashwe n’Urukiko Rukuru rwa Kampala. Muri iki itondo Kizza Besigye yazindukiye mu rukiko rukuru rwa Kampala n’urwandiko rusaba gufungurwa. Umuyobozi w’urukiko […]Irambuye

Uganda: Museveni yagize umugore we Minisitiri w’Uburezi na Siporo

Kuri uyu wa mbere Perezida Yoweri Museveni yagize umugore we Janet Museveni Kataaha Minisitiri w’Uburezi na Siporo, mu ivugurura rya Guverinoma yakoze nk’uko abyemererwa n’itegeko nshinga. Muri Guverinoma nshya hari bamwe mu Baminisitiri bagarutsemo n’abavuyemo. Janet Museveni Kataaha yahawe kuyobora Minisiteri y’Uburezi na Siporo, mu gihe yari asanzwe ari Minisitiri ushinzwe Intara ya Kalamoja. Museveni […]Irambuye

Sinzemera ibihugu bimpa imirongo y’ibigomba gukorwa kuri Uganda – Museveni

Perezida Museveni wa Uganda yiyamye amahanga n’abandi bose bamubuza amahwemo bamushinja kuriganya amatora no gutsikamira demokarasi. Mu ijambo yavugiye mu birori byo kwishimira intsinzi y’ishyaka NRM byabereye ahitwa Kololo Independence grounds, Museveni yavuze ko adateze kwemera amabwiriza y’abanyamahanga. Ati “Nzakorana n’amahanga ariko sinzemera ibihugu bimpa imirongo y’ibigomba gukorwa kuri Uganda n’ahandi.” Yongeyeho ati “Bafite ibihugu […]Irambuye

Uganda: Bashyizeho itegeko ryo gufunga ababyeyi badakingiza abana

*Hari idini ryitwa 666 ryigisha ababyeyi kudakingiza abana Ababyeyi badakingiza abana muri Uganda bazajya bafungwa amezi atandatu muri gereza, hagendewe ku itegeko rishya riheruka gusinywa na Yoweri Museveni. Iri tegeko risaba ko abana bajya ku ishuri bagomba kugira ikarita igaragaza ko bakingiwe. Iri tegeko nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Ubuzima, Sarah Achieng Opendi ngo rizafasha Leta […]Irambuye

Benin: Patrice Talon utavuga rumwe n’ubutegetsi yatsinze amatora ya Perezida

Mu gihugu cya Benin mu matora y’Umukuru w’Igihugu, uwari Minisitiri w’Intebe Lionel Zinsou yemeye ko yatsinzwe n’uwari uhagarariye uruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwariho, umucuruzi (businessman) Patrice Talon, uzasimbura Perezida Thomas Boni Yayi. Umuyobozi w’Akanama gashinzwe amatora muri iki gihugu yatangaje ko Patrice Talon yatsinze amatora y’icyiciro cya kabiri n’amajwi 65%, aho uwari Minisitiri w’Intebe, Lionel […]Irambuye

en_USEnglish