Tags : ICTR

Urubanza rwa Munyagishari rwapfundikiwe, yasabiwe gufungwa BURUNDU

*Amaze hafi umwaka aburanishwa atitaba Urukiko…Yari yikuye mu rubanza… Mu rubanza Ubushinjacyaha buruku bw’u Rwanda bukurikiranyemo Munyagishari Bernard ukekwaho ibyaha bya Jenoside birimo gufata ku ngufu abagore muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa 21 Gashyantare uru rubanza rwapfundikiwe Ubushinjacyaha bumusabira igihano cyo gufungwa burundu. Ubushinjacyaha bumaze iminsi buburana n’abanyamategeko bahagarariye inyungu z’ubutabera muri uru […]Irambuye

Munyakazi imbere y’umucamanza yise Umushinjacyaha ko ari “Umushinjabinyoma”

*Agiharagara imbere y’Inteko y’urukiko yahise abaza umucamanza ngo “mwe muri bande?” *Yashinje umucamanza n’umushinjacyaha kumusuzugura.  Avuga ko nta kintu yavuga, *Ngo Urukiko si amabuye cyangwa amatafari,… *Ngo ntashaka gukomeza gufungirwa mu  musarane kandi afite amazu atatu… Munyakazi uherutse koherezwa na USA kuburanira mu Rwanda, kuri uyu wa 11 Ukwakira yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga […]Irambuye

U Rwanda rukomeje gusaba kwibikira impapuro z’imanza zibitswe Arusha

Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye yabigarutseho ubwo yakiraga Serge Brammertz Umushinjacyaha Mukuru wasimbuye Hassan Bubacar Jallow wari umushinjacyaha Mukuru mu Rukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda Arusha muri Tanzania (ICTR), uyu Serge akuriye Urwego rwiswe The United Nations Mechanism for International Criminal Tribunal, rwasimbuye ICTR yacyuye igihe. Mu biganiro byabahuje kuri uyu wa gatatu, Minisitiri Busingye yabwiye […]Irambuye

ICTR yagabanyirije igihano Nyiramasuhuko n’umuhungu we bakatirwa imyaka 47

Kuri uyu wa mbere tariki 14 Ukuboza, Urugereko rw’ubujurire rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwagabanyirije igihano uwahoze ari Minisitiri w’iterambere ry’umuryango Pauline Nyiramasuhuko, umuhungu we Arsène Shalom Ntahobali, Elie Ndayambaje wahoze ari Burugumesitiri wa Komini Muganza bari bakatiwe igifungo cya burundu rubahanisha igifungo cy’imyaka 47. “Urukiko kandi rwategetse ko Joseph Kanyabashi na Sylvain […]Irambuye

Umuhanzi wa Filime Gasigwa asanga UN igomba guha u Rwanda

Umuhanzi wandika akanatunganya Filime ngufi n’indende kuri Jenoside yakorewe abatutsi n’ingaruka zayo Gasigwa Leopord asanga Umuryango w’Abibumbye udakwiye kujyana ubushyinguro-nyandiko bw’urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda “ICTR” Newyork ku kicaro cyayo cyangwa ngo zijyanwe ahandi. Gasigwa Leopord yakoze Filime mpamo ndende nk’Izingiro ry’amahoro na “L’abscé de la vérité” ziri hanze; Na “The miracle and the family” […]Irambuye

Hari abateguye Jenoside bafashwe nk’ibyana by’ingagi nyamara abayirokotse babara ubukeye-

Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa nkuru ya Leta Busingye Johnston mucyo yita iyobera ry’umuryango w’Abibumbye, asanga haratekerejwe uruhande rumwe mu gishyiraho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa Arusha, kuko batatekereje ku ndishyi n’imibereho by’abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu kiganiro na Minisitiri Busingye Johnston, yatubwiye ko mu myubakire y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) […]Irambuye

CNLG yifuza ko urukiko rwa ICTR rwisubiza imanza rwahaye Ubufaransa

Nyuma y’uko ubutabera bw’Ubufaransa bufashe umwanzuro wo kudakomeza gukurikirana mu nkiko Padiri Wenceslas Munyeshyaka, Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside irifuza ko imanza Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukorera Arusha rwari rwahaye Ubufaransa ruzisubirana kuko nta cyizere ko zizaburanishwa. Kuwa kane w’iki cyumweru, ubuyobozi bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukorera Arusha muri Tanzania (ICTR) […]Irambuye

Twahirwa wakatiwe igihano cy’Urupfu kikavanwaho, yashinjuwe nk’ “uwabeshyewe”

*Abamushinjuye ni abagororwa bakatiwe n’inkiko kubera ibyaha bakoze muri Jenoside, *Twahirwa yabaye Bourgmestre wa Sake, abaharokokeye bamushinja uruhare muri Jenoside, *Umutangabuhamya Habinshuti wamushinje mbere ko bakoranye ibyaha muri Jenoside, noone yavuze ko yabwirizwaga ibyo avuga, *Habinshuti yasabye Imana n’Ubutabera imbabazi ngo kuko ibyo yabeshye byatumye Twahirwa ishinjwa ibyaha ‘atakoze’. Kuri uyu wa gatanu tariki ya […]Irambuye

Uburwayi bw’Umucamanza bwatumye Uwinkindi ataha ataburanye

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 10 Nzeri, mu rubanza Urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi rw’Urukiko Rukuru, Pasitoro Uwinkindi Jean ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, birimo kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi ya ADEPR-Kayenzi ahahoze ari muri Komini Kanzenze (Bugesera) yatashye ataburanye, cyangwa ngo agire ikindi avuga kuko umwe mu bacamanza […]Irambuye

Urukiko rwanzuye ko Munyagishari azunganirwa n’Abavoka yanze

Munyagishari ukurikiranyweho n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda kuba yaragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi; kuri uyu wa 31 Nyakanga yategetswe n’Urukiko kuzunganirwa n’Abavoka yanze ndetse n’ubu yavuze ko adashaka asaba ko batazahabwa dosiye ikubiyemo ikirego cye. Ni umwanzuro wasomwe Ubushinjacyaha budahari ndetse n’Abavoka batagaragara mu cyumba cy’Iburanisha. Mu boherejwe n’Inkiko Mpuzamahanga n’ibindi bihugu kugira ngo baburanishirizwe mu […]Irambuye

en_USEnglish