Peresida mushya wa Komisiyo y’igihugu ikorana na UNESCO yatowe
Kuri uyu wa kane muri Beausejour Hotel i Remera Komisiyo `Igihugu ikorana naUNESCO yatoye abayobozi bayo.
Kumenyekanisha ibikorwa by’iyi Komisiyo no gushimangira ubufatanye n`ibigo bifite inshingano zirimo uburezi, ubuhanga umuco ubumenyi n`itangazamakuru ni byo Dr NDAHAYO Fidele ,watorwe ku mwanya wa Perezida yashinzwe.
Muri aya matora kandi hatowe Dr Gasingirwa Marie Christine ku mwanya wa Visi Perezida wa Komisiyo y`igihugu ikorana na UNESCO.
Ku rundi ruhande. Umunyamabanga uhoraho wa Komisiyo y`Igihugu ikorana na UNESCO Bwana BAHIZI Eliphaz yamurikiye Inteko Rusange bimwe mu bikorwa byagezweho mu mwaka wa 2010-2011.
Yavuzeko bateguye umunsi mpuzamaganga wa filozofiya ,umunsi mpuzamahanga w`ubumenyi ,umunsi mpuzamahanga wagenewe ubwisanzure bw`itangazamakuru ndetse no gushaka inkunga yo kubaka ikigo ntangarugero mu Karere gishinzwe ibinyabuzima n`umutungo kamere.
Mu bikorwa biteganijwe mu mwaka wa 2011-2012 ,Bwana Bahizi Eliphaz yatangaje ko bazakomeza gahunda zigamije guteza imbere uburezi ubumenyi umuco n`itangazamakuru.
Inkuru ya Musangabatware Clement
Komisiyo y’igihugu ikorana na UNESCO
2 Comments
RNCU MUKOMEREZE AHO TWIFURIJE DR NDAHAYO IMIRIMO MISHYA
Congz. Dr Ndahayo. Turi kumwe!
Comments are closed.