Digiqole ad

Kuvuka i Nyanza byatumye mpora nifuza gukinira Rayon- Youssuf Habimana

 Kuvuka i Nyanza byatumye mpora nifuza gukinira Rayon- Youssuf Habimana

Kuva akiri muto Youssuf Habimana yifuzaga gukinira Rayon sports

Rutahizamu mushya Rayon sports yasinyishije avuye muri Mukura VS, Youssuf  Habimana yemeza ko kuba yaravukiye i Nyanza byatumye arota gukinira iyi kipe kuko n’ababyeyi be bayikundaga. None inzozi ze zabaye impamo.

Kuva akiri muto Youssuf Habimana yifuzaga gukinira Rayon sports
Kuva akiri muto Youssuf Habimana yifuzaga gukinira Rayon sports

Mu ntangiriro za Nyakanga nibwo byatangajwe ku mugaragaro ko Rayon sports yasinyishije abakinnyi batatu barimo babiri bakiniraga  Mukura VS; umukinnyi wo hagati Ally Niyonzima na rutahizamu Youssuf Habimana.

Bamwe baretswe abafana tariki 8 Nyakanga 2017. Uwo munsi ngo ni umunsi w’amateka kuri Youssuf Habimana kuko agiye gukinira ikipe yakuze akunda.

“Rayon sports ni ikipe nziza, ikunzwe kandi benshi mu bakinnyi barayifuza. Njye nayifuzaga kurushaho kuko mvuka mu karere ka Nyanza. Byatumye nkura numva ari ikipe y’ababyeyi. Kuba nari imaze imyaka ingana gutya ntarayikinira byatumaga numva hari urwego ntarageraho. Ndashimira amakipe nakiniye mbere kuko yanzamuriye urwego, ariko uyu munsi nishimiye ko ngiye guhangana mu ikipe ifite igikombe cya shampiyona. Nkeka ko ibyiza biri imbere”

Youssuf Habimana yasinyiye Rayon sports amasezerano y’imyaka ibiri, ahabwa ‘recruitement’ ya miliyoni eshanu, akazahembwa ibihumbi 350 frw. Mbere ya Rayon sports yamenyekanye muri Kiyovu sports na Mukura VS.

Habimana Youssuf na Rutanga Eric berekanywe nk'abakinnyi bashya ba Rayon sports
Habimana Youssuf na Rutanga Eric berekanywe nk’abakinnyi bashya ba Rayon sports
Youssuf yari amaze imyaka ibiri muri Mukura VS
Youssuf yari amaze imyaka ibiri muri Mukura VS

Roben NGABO

UM– USEKE

1 Comment

  • Yeeeeesssss…one Zambia one nation!!!

Comments are closed.

en_USEnglish