Digiqole ad

Gicumbi: DASSO zubakiye umugabo umaze umwaka atabyuka kubera impanuka

 Gicumbi: DASSO zubakiye umugabo umaze umwaka atabyuka kubera impanuka

DASSO mu gikorwa cyo kubakira uyu muryango

Kuri uyu wa 05 Nyakanga abagize urwego rushinzwe umutekano rwa DASSO (District Administration Security Support Organ) mu karere ka Gicumbi bubakiye inzu uwacitse ku icumu utishoboye witwa Sahinkuye wakoze impanuka bikamuviramo kuba ubu amaze umwaka atabasha guhaguruka habe no kwicara.

DASSO mu gikorwa cyo kubakira uyu muryango
DASSO mu gikorwa cyo kubakira uyu muryango

Jean Paul Sahinkuye yasitaye ku muzi w’igiti yituye hasi bimuviramo kugagara k’umubiri wose (paralyzed) n’ubu akaba akirembye. Umugore we Angelique Mukadepite avuga ko yakoze impanuka bari kugendana ubu ngo akaba amaze umwaka n’igice yaragagaye.

Mukadepite ashimira cyane DASSO zabubakiye n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Kageyo batuyemo bwabakoreye ubuvugizi kugira ngo bubakirwe kuko aho bari batuye bari bacumbitse kandi umugabo ari we washakishaga akaba yarahuye n’akaga.

Evariste Musonera uhagarariye DASSO muri Gicumbi avuga ko gukunda igihugu ari ugukorera abagituye umuntu atarebye gusa inyungu ze bwite.

Juvenal Mudaheranwa umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi yibukije ba DASSO ko akazi bakora ari ako kurengera abaturage baharanira imibereho myiza yabo. Abasaba no kurangwa n’imyitwarire n’imikorere myiza.

Mukadepite avuga ko bivurije henshi kugera no mu bitaro bya CHUK na Faisal i Kigali ariko biranga, ubu Sahinkuye akaba yaraheze mu buriri hashize umwaka n’igice ateguka atanabasha no kwicara.

Uyu muryango ufite abana babiri.

Bubaka iyi nzu bazahita baha uyu muryango
Bubaka iyi nzu bazahita baha uyu muryango
Bibukijwe ko mu nshingano bafite harimo guharanira imibereho myiza y'abaturage
Bibukijwe ko mu nshingano bafite harimo guharanira imibereho myiza y’abaturage
Iyi nzu ngo bazayiha vuba aha uyu muryango wari usanzwe ukodesha
Iyi nzu ngo bazayiha vuba aha uyu muryango wari usanzwe ukodesha

Evence NGIRABATWARE
UM– USEKE.RW/Gicumbi

5 Comments

  • well done @DASSO Gicumbi district

  • congz for Dasso nukuri mbikuye kumutima Nshimiye Dasso bagerageje gukora ikigikorwa cyogutabara uyumuryango wahuye nibibazo Imana ibahe umugisha kdi uwo mutima muzawuhorane natwe tubijeje ubufatanye Imana ikomeze kubarinda munshingano mukora zitorishye

  • Munyamakuru urakoze, uyu Sahinkiye Jean Paul yacitse Ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi,turashimira Gitifu wumurenge wa Kageyo watekereje kuri uyu muturage ndetse afatanyije na DASSO, iki gikorwa kikaba ari ubufatanye, natwe abaturage tugomba kwibohora tubohora mugenzi wacu.

  • Bravo DASSO Rescapé Sahinkuye agiye kubona icumbi

  • Turanezerewe cyane DASSO GICUMBI kbs. Nizo lank bazazibahe.

Comments are closed.

en_USEnglish