Digiqole ad

EU Yatanze andi miliyoni 4,5€ yo gufasha impunzi z’Abarundi

 EU Yatanze andi miliyoni 4,5€ yo gufasha impunzi z’Abarundi

Ubuzima bw’ubuhunzi nta na rimwe buba bwiza

Kuri uyu wa kane Michael Ryan uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yatangaje ko uyu muryango ahagarariye watanze indi nkunga ingana na miliyoni 4,5 z’amaEuro (ayegereye miliyari 4Rwf) yo gufasha impunzi z’Abarundi zahungiye mu bihugu bya Tanzania, u Rwanda, Congo na Uganda.

Ubuzima bw'ubuhunzi nta na rimwe buba bwiza
Ubuzima bw’ubuhunzi nta na rimwe buba bwiza, aha ni mu nkambi ya Mahama aho mu minsi yashize bamwe bari bakigera bategereje guhabwa amahema. Photo/A E Hatangimana/UM– USEKE

Ishami ry’uyu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi ryatangaje ko rizakomeza gufasha ibihugu by’u Rwanda n’ibituranye nabyo byakiriye impunzi nyinshi z’abarundi biturutse ku bibazo bya Politiki bihavugwa.

Mu Rwanda ubu habarirwa impunzi z’abaruni zigera ku bihumbi 71, muri Tanzania habarirwa impunzi z’Abarundi zegera ku bihumbi 60, muri Uganda habarirwa impunzi z’Abarundi zigera ku bihumbi umunani naho muri Congo Kinshasa habarurwa abagera ku bihumbi bitanu.

Usibye ubufasha busanzwe bugenwa n’ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) indi miryango nterankunga ndetse n’abantu ku giti cyabo nibo bagoboka impunzi ziba zifite imibereho idasanzwe kure y’ibyabo bakoraga byababeshagaho.

Uruhande rwa Leta i Burundi ntabwo ruratera intambwe yo kugerageza gucyura impunzi zabo ziri mu Rwanda nk’uko MIDIMAR iherutse kubitangariza Umuseke. Nubwo hari imibare ya bamwe bataha ku bushake babisikana n’indi mibare mito y’abahunga binjira mu Rwanda.

UM– USEKE.RW

1 Comment

  • None muragira bayahe tutariye kuri izo millioni!?

Comments are closed.

en_USEnglish