Ni gahunda yo kuvugurura ubuhinzi binyuze mu kubukundisha ababwize bakajya mu muterere bakomokamo gufasha abahinzi baho, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Nsengiyumva Fulgence yavuze ko iyi gahunda igamije kugira ubuhinzi umwuga ukorwa n’ababyize. Kuri uyu wa gatatu nibwo aba barangije Kaminuza mu bifitanye isano n’ubuhinzi ariko ntibahite babona akazi, bakabasha kugira amahirwe yo […]Irambuye
Urwego rw’igihugu rushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Peteroli na Gazi ruravuga ko uruganda rushongesha Gasegereti rwa Karuruma rwari rwarahagaze, ndetse n’urundi rushya rushongesha Coltan ziza gutangira vuba. Francis Gatare Umuyobozi w’uru rwego “Rwanda Mines, Petroleum and Gas Board, (RMB)” avuga ko ubu uruganda rushongesha Gasegereti rwa Karuruma rwari rumaze igihe rudakora neza rugiye gusubukura imirimo. Uru […]Irambuye
Atangiza inama y’ihuriro nyafurika ryo guhanga udushya (AIS/ Africa Innovation Summit), uyu munsi Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko inzira yonyine yatuma Umugabane wa Africa usohoka mu rusobe rw’ibibazo urimo ari uguhanga udushya. Dr. Ngirente avuga Africa iriho ishora imari mu iterambere ry’ibikorwa remezo, mu buhinzi no zindi gahunda zigamije gukurura ishoramari ryigenga ariko […]Irambuye
Urwego rw’igihugu rushinzwe ubucukuzi ruravuga ko urwego rwo kubahiriza ibipimo n’amabwiriza yo gucukura mu Rwanda biri ku kigero kiri munsi ya 10%. Sendika y’abacukura iti “Bifitanye isano n’impanuka zibubamo.” Kuri uyu wa kabiri, Francis Gatare Umuyobozi w’uru rwego “Rwanda Mines, Petroleum and Gas Board, (RMB)” yavuze ko hakozwe ubushakashatsi (servey) basanga Kompanyi ziri mu bucukuzi […]Irambuye
*40% by’amabuye y’agaciro ari aho bacukura niyo babasha kuvanamo Kuri uyu wa kabiri, urwego rw’igihugu rushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Peteroli na Gazi rwatangaje ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari bugiye kunoza ubucukuzi ku buryo umusaruro wabwo uzava kuri miliyoni 373 z’amadolari ya America yabonetse mu mwaka ushize ukagera kuri miliyoni 600. Byagarutsweho mu nama igamije […]Irambuye
Itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Perezida mu Rwanda, riravuga ko Perezida Paul Kagame ari mu Bubiligi aho azitabira Inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere izwi nka ‘European Development Days’ izaba tariki ya 5 – 6 Kamena 2018. Inama y’uyu mwaka iribanda ku kamaro k’abari n’abategarugori mu kugera ku ntego z’iterambere rirambye (SDGs), cyane cyane bahabwa […]Irambuye
Kuri uyu wa 19 Nyakanga, ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda hacurujwe imigabane imigabane ya Banki ya Kigali n’iya Crystal Telecom ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 12 392 000. Kuri uyu wa gatatu, ku Isoko ry’Imari n’Imigabane hacurujwe imigabane 50 200 ya Banki ya Kigali (BK) ifite agaciro k’amafaranga 12 350 000 Frw yacurujwe muri […]Irambuye
Kuri uyu wa 19 Nyakanga, umugabane w’Ikigega cy’ishoramari ‘Iterambere Fund’ cy’Ikigo mpuzamigabane y’ishoramari “Rwanda National Investment Trust (RNIT) wakomeje kuzamua, wageze ku mafaranga 107.41 Frw. Uyu mugabane wageze ku mafaranga 107.41 Frw, uvuye ku mafaranga 107.38 Frw wariho ejo kuwa kabiri, bivuze ko wazamutseho amafaranga y’u Rwanda +0,03 Frw. Kuva iki kigega cyatangira mu mpera […]Irambuye
Kuri uyu wa 18 Nyakanga, ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda hacurujwe imigabane imigabane ya Banki ya Kigali n’iya Crystal Telecom ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 5 191 000. Kuri uyu wa kabiri, ku Isoko ry’Imari n’Imigabane hacurujwe imigabane 50 000 ya Crystal Telecom ifite agaciro k’amafaranga 3 500 000 Frw yacurujwe muri ‘Deal’ imwe, […]Irambuye
Kuri uyu wa 18 Nyakanga, umugabane w’Ikigega cy’ishoramari ‘Iterambere Fund’ cy’Ikigo mpuzamigabane y’ishoramari “Rwanda National Investment Trust (RNIT) wakomeje kuzamua, wageze ku mafaranga 107.38 Frw. Kuva iki kigega cyatangira mu mpera z’umwaka ushize wa 2016, agaciro k’umugabane w’ikigega ‘Iterambere Fund’ kamaze kuzamukaho amafaranga 7.38 Frw; Bivuze ko nk’uwaguze imigabane 1 000 ku mafaranga 100 000, […]Irambuye