Digiqole ad

Bruce Melodie ari mu biganiro na Kiss Daniel byo gukorana indirimbo

 Bruce Melodie ari mu biganiro na Kiss Daniel byo gukorana indirimbo

Anidugbe Oluwatobiloba Daniel umuhanzi ukomoka muri Nigeria umaze kwamamara cyane ku izina rya ‘Kiss Daniel’ muri Afurika ndetse no ku isi, mu minsi iri imbere ashobora kumvikana mu ndirimbo y’umunyarwanda Bruce Melodie.

Bruce Melodie yagiranye Kiss Daniel umwanya uhagije wo kuganira
Bruce Melodie yagiranye Kiss Daniel umwanya uhagije wo kuganira

Kiss Daniel akunzwe cyane mu ndirimbo nka ‘Woju’ yakoranye na Davido, Goodtime, Laye, Shoye ndetse n’izindi nyinshi yagiye akorana n’abandi bahanzi bakomeye muri Afurika.

Uyu muhanzi akaba yari amaze iminsi mu Rwanda aho yanahuriye na Bruce Melodie mu gitaramo cyari cyateguwe na Royal Entertainement ku wa gatandatu muri Serena.

Uburyo Kiss Daniel yumvishijemo imiririmbire ya Bruce Melodie y’umwimerere ‘Live’, biri muri bimwe byanatumye yumva nta kibazo cyo kuba yakorana na Bruce Melodie indirimbo.

Bimwe mu bitangazwa n’abakurikirana ibikorwa bya Melodie, bavuga ko ikirimo kurebwa ari uburyo iyo ndirimbo yazakorerwa ahantu hashobora gutuma inatambuka kuri television mpuzamahanga nka Trace Tv.

Byaramuka bikunze, niyo ndirimbo y’umuhanzi w’umunyarwanda yaba iciye kuri iyo television ikunzwe cyane kandi itambutsaho indirimbo z’abahanzi bakomeye.

Bikaba byaba ari n’amahirwe akomeye cyane ku bahanzi nyarwanda yo kuba muzika bakora yamenyakana kuko inzira yo kuzimenyekanisha yaba imaze kwagurwa.

Joel Rutaganda

UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Gusa Bruce akantu ko kuririmba mumajwi yizindi ndirimbo zabandi bahanzi
    ukabireka

Comments are closed.

en_USEnglish