Digiqole ad

Amafoto: Impanuka ya Urban Boys i Kampala

Itsinda rya muzika Urban Boys na Manager waryo Alex Muyoboke, kuwa gatanu tariki ya 27 Mutarama ryakoreye impanuka mu mujyi wa Kampala. Iyi mpanuka kubw’amahirwe ntiyagize uwo ihitana cyangwa ngo ikomeretse muri bo.

Urban boys bari muri iyo modoka y'umukara/Photo Muzogeye P
Urban boys bari muri iyo modoka y'umukara/Photo Muzogeye P

Iyi mpanuka yabereye ahitwa Nsambya barracks saa 15h  ku isaha y’i Kampala, aba basore bakaba baraganaga kuri hotel, ubwo bari bakimara kugera muri Kampala.

Bakihagera bakaba baraje kwakirwa n’umuhanzi w’umunyarwanda uba i Kampala witwa Buggy Guns ari nawe wari ubatwaye muri iyi modoka ye igihe bakoraga impanuka.

Nkuko Guns, yabitangarije UM– USEKE.COM, imodoka y’ubwikorezi  yo mu bwoko bwa ISUZU yacitse feri (frein) maze iboneza mu mukono w’iyo yari atwaye, mu gihe yendaga kubaca hejuru yahise ijya muri Brodure y’umuhanda.

Imana yakinze akaboko iyi modoka yari yacitse frein ntiyabaca hejuru
Imana yakinze akaboko iyi modoka yari yacitse frein ntiyabaca hejuru

Nizzo (umwe mu bagize Urban Boys) we avuga ko yabonaga byarangiye kuko ikamyo yari yabagezeho, ariko ku bw’amahirwe ngo yikuuba ku ruhande rw’ibumoso bw’imodoka mu gihe yahirimaga muri bordure y’umuhanda wa Nsambya muri Kampala.

Mu ruzinduko Urban Boys irimo muri Kampala kuva kuwa gatanu, yagiye gukora indirimbo n’umuhanzikazi Jackie uba i Kampala. Iyi ndirimbo ikaba yarakozwe na Washington, producer wihariye w’abahanzi bazwi muri aka karere Radio and Wizzle (good life)

Iyi ndirimbo ikaba ubu yararangiye igeze mu kiciro cyo gufatirwa amashusho. Kuri uyu wa mbere ubwo twandikaga iyi nkuru bakaba bariho bafata amashusho y’iyi ndirimbo itarahabwa izina.

Nizzo ati: “iyi ndirimbo izaba yitwa ‘take it off’ cyangwa ‘gira bwangu’” ariko kugeza ubu ntituranzura ku izina ryayo.

Iri tsinda rya muzika rikaba riri kumwe na Muyoboke Alex, manager waryo mushya, ari nawe ubafasha gukora imirimo yabo ya muzika.

Abaje kureba ikibaye bavugaga ko bene izi mpanuka ari kawaidha (bisanzwe) i Kampala
Abaje kureba ikibaye bavugaga ko bene izi mpanuka ari kawaidha (bisanzwe) i Kampala
Humble na Muyoboke bibaza ibibabayeho
Humble na Muyoboke bibaza ibibabayeho
Abahungu bagiye kuryama icyoba ari cyose
Abahungu bagiye kuryama muri Florida Hotel icyoba ari cyose
Bukeye Urban boys muri studio kwa Washington
Bukeye Urban boys muri studio kwa Washington
Washington na Safi wa Urban Boyz
Washington na Safi wa Urban Boyz
Nizzo avugana na Washington ku ndirimbo yatunganyaga
Nizzo avugana na Washington ku ndirimbo yatunganyaga
Ni uwo producer Washington mwumva bavuga, si igitangaza
Ni uwo producer Washington mwumva bavuga, si igitangaza
Iyi nzu niyo itsinda rya Good Life rikunda kuba ririmo, niho Washington akorera umuziki wabo
Iyi nzu niyo itsinda rya Good Life rikunda kuba ririmo, niho Washington atunganyiriza muzika yabo
Zimwe mu modoka za ba Radio na Wizzle ba Goodlife crew
Zimwe mu modoka za Radio na Wizzle bari basize murugo
Nizzo kuri ka BMW ka goodlife crew
Nizzo kuri Audi ya Wizzle wa Good Life
mu bufatanye; Nizzo, Humble, Washington Muyoboke na Safi
mu bufatanye; Nizzo, Humble, Washington Muyoboke na Safi

Photos: Muzogeye P

Plaisir Muzogeye
UM– USEKE.COM

0 Comment

  • Imana ishimwe vraiement ubwo ntacyo mwabaye,kuko ndabakunda cyaneee ntabwo Imana yari kubyemera,kandi mukomereze aho je vous encourage!!!

  • nibyiza kuko muri bazima,ntagikiba cyacitse,ntibyarikuba kubakunzi banyu gusa byari kuba kubanyarwanda bose sha.ariko iyo nzu ya washington mbonye kumafoto wagirango n’iyabatubuzi mwitonde bahungu mwe!

  • sha nishimiye ko bana bana barokotse ariko si ibanaga nsekejwe cyane ninzu aba ba type bakoreramo music,hahahahahah,it’s very funny kandi rwose njye ndabona bisekeje ugereranyije namarafanga bano bahungu ba good life bafite,wakibaza amafaranga bakura muri music ukuntu angana ariko wagereranya naho afite inkomoko ugaseka ugatembagara,
    sha bambabarire baransebeje rwose.
    nibubake inzu nzima.

  • oh plaise the Lord,Imana ntiyari kwemera ko mutuvamo nka abavandimwe dukunda cyaneeeeeee!!! muzagire igihe mushime Imana ko yabarinze.

  • IMANA ishimwe kuko mwarokotse iyomanuka

  • Courage kubasore bacu.impanuka ni agasanzwe.

  • GUSA NTACYO NARENZAHO IMANA NIYONKURU ISHIMWE CYANE KANDI IHABWE ICYUBAHIRO KUBYO YAKOREYE ABABAVANDIMWE

  • knowles yari abuze umuntu we ohoo ariko nugushima IMANA yabakijije urupfu rutunguranye

  • mbega inzu irutwa ni yo lick yakoreragamo

  • hello is fast to witer same thing so that am seing hw are u so lave amakuru mutugezaho arko aban boys iyariducitse.

  • Imana ishimwe kuko yabakijije.

  • what a terrible accident??glory be to God!!

  • mbega abanyamakuru bacu??? urashiraho i photo y’umuntu warangiza ukongeraho ngo si igitangaza? Yari yarigeze akubwira ko ari igitangaza?

  • Imana yakoze yo yakinze akaboko.nibagire bigarukire ino. Dore ntabandi banyamuziki nkunda nk’aba basore ba Urban Boys.

  • Arban boys sorry

  • HAHAHAHAAAAAAAAAAA

  • sory for that.
    mu buzima urupfu turagendana biriya byababayeho niyo yabibafashijemo bazagerageze babikoremo indirimbo bashima Imana yabanye nabo.nibahumure iri kumwe nabo.

  • just thx God to save our good group that we really like!! SUCCESS Humble Safi & Nizzo.

  • IMANA YAKOZE IBIKOMEYE!!!!!

  • ariko kweli ubwo mwagiye mureka kwi promoting murubwo buryo , ubwose murabona abantu bosev arinjinjiji zitabonako iyo modoka yari yaguye kare muri yo rigole gusa murabana , kabisa cyakora shimye ko mwagiye kwa producer wu muhanga ariko mwabaga mwarabivuze nta cyobitwaye ariko mukareka kwiyifuriza accident nti muzonjgere, umuntu azamurwa nibikorwa akora ntabwo aza murwa ni byago bya mubayeho

    • urban uretse no kwipromotinga ni abahanga kabisa bakora clip ziryoshye kabisa

  • NONE SE UMUNTU YAKWIPROMOTING AKIBESHYERA KO YQKOZE ACCIDENT! UBWO SE YABA ASHAKA KUGERA KUKI! NTIBYUMVIKANA. NIBA BIBESHYERA IMANA IBATABARE.

    • NYAMARA UWAGENZURA NEZA AYA MAFOTO NTIYABONA KO ARIMPANUKA KOKO YARI IGIYE KUBABAHO
      UWAFOTOYE YIBAGIWE KUVANAMO UTWAYE KUKO NTAMUNYAMAKURU WAGRI IMBERE YABO UGENZUYE NEZA KANDI UKABA USANZWE UTWARA IKINYABIZIGA NTAKUNTU IRIYA MODOKA YAGERA MMURI RIGORE KURIYA ITARAKORA KUYO BARIMO ITEGEREZE NEZA URABONA KO IRINGANIYE NEZA NIYO BARIMO IKINDI ICYO GIHE NARIYO NTANKURU NIMWE YATUGEZEHO NTANIKINYAMAKURU CYABYANDITSE IKINDI NTIYARI GUHAGARARA NGO YIFOTOZE KANDI IMODOKA ITAYIKOZEHO ABAZI KAMPARA BAZI KO UMUBYIGANO ARI WOSE WIMODOKA SINSHOBORA KUVUGA IMPANVU ARIKO NKUMUNTU UZI KUGENZURA AMAFOTO NKAKORA NO MUBUGENZA CYAHA SINAKWEMERA IBYO MBONA CYOKORA AI IPEREREZA TWAKWIFASHISHA BYINSHI TUKAMENYA UKURI ARIKO NKEKA KO BYABA ARUGUTA UMWANYA KUBAKA IZINA SUMUKINO NDABEMERA ABA BANA

  • abo basore turabakunda imana ishimwe kuba ikibatije kubaho ese ni indirimbo shya bagiye gukorera kampala tubari inyuma

  • IT`S GOOD

  • iyo uvuze umuziki wo murwanda mpita numva urban boys kdi bakomere ndabakunda cyane,imana ibahe umugisha

Comments are closed.

en_USEnglish